Huuza Agency Group Ltd, ikigo gihuza abakozi n’abakoresha kinyamwuga, iramenyesha abashaka akazi ko hari amahirwe y’akazi muri Kigali, ikigo gitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda.
Hari imyanya 50 y’Abashinzwe Umutekano (Security Guards). Abatoranywa bazabanza gukurikira amahugurwa y’ibanze ajyanye n’umwuga w’umutekano. Mu gihe cy’amahugurwa bazacumbikirwa kandi bahabwe amafunguro.
Nyuma yo kurangiza amahugurwa neza no gutsinda isuzuma ry’ubushobozi, bazahabwa amahirwe yo gutangira akazi.