Ibyangombwa bisabwa
Kugira ngo umuntu abone akazi ko gucunga umutekano (Security Guard), agomba kuba yujuje ibi bikurikira:
1. Kuba afite nibura amashuri atatu yisumbuye (S3).
2. Kuba azi neza gusoma no kwandika.
3. Kuba ari muzima mu mubiri kandi afite ikinyabupfura.
4. Kuba yiteguye gukurikira amahugurwa y’amezi 3, aho azahabwa icumbi n’amafunguro ku buntu.
5. Kuba yiteguye gukorera ahantu hazagenwa n’umukoresha.
Ibyangombwa umukandida agomba gutanga
1. Icyangombwa cy’imico n’imyitwarire gitangwa n’umuyobozi w’umudugudu, kigaterwaho kashe ku Kagari no ku Murenge.
2. Icyangombwa cy’uko atakatiwe n’inkiko (Police Clearance) gitangwa na RIB.
3. Icyangombwa cy’ubuzima (Medical Certificate) gitangwa kwa muganga.
4. Fotokopi 3 z’indangamuntu z’abantu bamuzi neza, hamwe na nimero zabo za telefoni (Guarantors).
5. Ibaruwa isaba akazi (Application Letter).
6. CV (Umwirondoro).
7. Kopi y’indangamuntu.
8. Ifoto ndende (Full photo).
Uburyo bwo gusaba
Abifuza gusaba uyu mwanya basabwa kwiyandikisha no gusaba akazi binyuze kuri Huuza Jobook, kugira ngo bakorerwe isuzuma ry’ibanze mbere yo koherezwa mu mahugurwa.
Itariki ntarengwa yo gusaba: 20/09/2026.
Ukeneye ibindi bisobanuro?
Telefoni: 0783 035 776
Email: [email protected]